00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko icyumba cy’umukobwa cyahinduye imyigire ku bangavu b’i Kigali

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 8 November 2023 saa 12:43
Yasuwe :

Bamwe mu bana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bavuga ko gahunda yo gushyiraho icyumba cy’umukobwa mu bigo bigaho ari nziza kuko bibarinda gusiba ishuri no gutsindwa nka mbere.

Bavuga ko mbere y’ukohashyirwaho icyumba cy’umukobwa hari bamwe bamaraga igihe batiga cyane cyane iyo babaga bari mu mihango, bigatuma batsindwa.

Uwamahoro Caudine wiga mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye muri GS Kimisagara yagize ati “Icyumba cy’umukobwa kiradufasha cyane kuko ntabwo umuntu akijya mu mihango ngo asibe cyangwa ngo ahite ataha. Iyo mu nda hamuriye aragenda akaba ariho aba aryamye. N’iyo yiyanduje aragenda agahindura agasubira mu ishuri.”

Undi mukobwa wiga kuri EPA mu Karere ka Nyarugenge,na we yemeza ko icyumba cy’umukobwa cyatumye abakobwa benshi basigaye batsinda mu ishuri.

Ati “Mbere namaraga iminsi ntiga kuko mba ndi kuribwa cyane kuko iranzahaza cyane ariko ubu rwose biba ari nk’ibisanzwe.”

Yongeyeho ko ubu asagaye agira amanota 65% mu gihe mbere y’uko hashyirwaho icyumba cy’umukobwa yagiraga munsi ya 60%.

Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Kimisagara, Nsengimana Charles yavuze ko icyumba cy’umukobwa cyakemuye ikibazo cy’abana basibaga ishuri bagiye mu mihango ndetse hari n’icyo cyongereye ku bijyanye n’imitsindire y’abana b’abakobwa.

Ati “ Cyakemuye ibibazo bitandukanye birimo iby’abana basibaga bagiye mu mihango kuko hari uwo wasangaga ari mu rugo yasibye cyangwa se yagira ikibazo ari ku ishuri bikamusaba gutaha ariko ubu ntibigishoboka. Iyo agiye mu mihango bimutunguye aragenda mu cyumba cy’umukobwa agafata ibikoresho akambara agasubira mu ishuri.”

Muri iki kigo higamo abanyeshuri 1999 barimo abakobwa 500.

Mu cyumba cy'umukobwa haba harimo igitanda bashobora kuryamaho abatamerewe neza
Mu cyumba cy'Umukobwa cyo muri GS Kimisagara haba harimo n'ipasi ku buryo umwana wagiye mu mihango ahita amesa umwenda we akawutera ipasi agasubira mu ishuri
Abana b'abakobwa bemeza ko batagisiba kubera ko bahawe icyumba cy'umukobwa ku mashuri
Muri iki Cyumba haba harimo ibikoresho byose bikenerwa n'umukobwa uri mu mihango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages