00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuganga yatawe muri yombi akekwaho kugurisha imiti yo kuvura imfungwa

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 16 August 2023 saa 06:44
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Anastase Habiyakare wari umuganga kuri Gereza ya Nyarugenge, akekwaho kugurisha imiti rwihishwa igenewe kuvura imfungwa n’abagororwa.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yavuze ko uwo muganga yafashwe ku cyumweru tariki 13 Kanama, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamirambo mu gihe agitegereje gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Uwo muganga ari gukorwaho iperereza ku byaha birimo kumena amabanga y’akazi, gusaba no kwakira indonke ndetse no kunyereza umutungo.

Yavuze ko uyu muganga yasabaga imiti avuga ko agiye kuyifashisha mu kuvura imfungwa n’abagororwa we akayijyana kuyigurisha ku bafite farumasi hanze ya gereza.

Uyu muganga kandi ashinjwa gufata nabi amadosiye y’abarwayi ndetse no gukoresha telefone binyuranye n’amabwiriza ya gereza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages