Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuwa 20 Kanama 2015, Umuhuzabikorwa w’inama y’Igihugu y’urubyiruko Norbert Shyerezo yavuze ko urubyiruko ruzamurika ibyo rwagezeho ndetse rukanakangurirwa kubisigasira.
Yakomeje avuga ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu Rwanda igira iti ”Twahisemo kuba umusingi w’iterambere”, ikaba igaragaza inyota urubyiruko rufite, yo gutanga umusanzu wo kubaka igihugu.
Ati ”Si ukuvuga ko kuba umusingi w’iterambere ari uko u Rwanda nta musingi rufite, ahubwo ni uko mu nkingi zikomeye z’iterambere byari ngombwa ko natwe tugira aho dushyira imbaraga zacu nyinshi kugira ngo natwe dutange umusanzu mu kubaka igihugu.”
Ubusanzwe umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko wizihizwa kuwa 12 Kanama, uyu mwaka mu Rwanda ukaba uzizihizwa kuwa 22 Kanama 2015.
Uretse kumurika ibyo bagezeho, urubyiruko ruzanarebera hamwe icyo rwakora ngo rukomeze kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu no kumenya kugena ejo hazaza h’igihugu cyabo.
Ibi bikorwa byose bizabera ku rwego rw’umurenge, aho abayobozi bazanasabana n’urubyiruko ndetse hakaba n’igitaramo cy’uburere mboneragihugu, ku rwego rw’igihugu iki gikorwa kikazabera mu Karere ka Musanze.
Mukaneza M.Ange
[email protected]



















TANGA IGITEKEREZO