00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanda Kigali- Huye ntabwo ari nyabagendwa

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 30 March 2022 saa 06:10
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Huye wangirikiye hagati ya Santere ya Ruyenzi n’isoko rya Bishenyi ubu ukaba utari nyabagendwa.

Mu itangazo, Polisi y’Igihugu yashyize kuri Twitter ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 30 Werurwe 2022, yagiriye inama abakoresha uyu muhanda guhitamo undi.

Yagize iti “Abava Kigali berekeza Huye turabagira inama yo gukoresha umuhanda Kigali-Ruyenzi-Nkoto naho abava Huye berekeza Kigali bakoresha umuhanda Nkoto-Gihara-Ruyenzi.”

Yabasabye kwihanganira izo mbogamizi mu gihe imirimo yo gusana umuhanda ikomeje.

Umuhanda Kigali-Huye waherukaga gufungwa mu 2016 ubwo Nyabarongo yari yuzuye kubera amazi menshi y’imvura yari yaguye.

Polisi yijeje ko uyu muhanda uri gukorwa mu gihe kitarambiranye uzaba ari nyabagendwa
Uyu muhanda wangirikiye hagati ku buryo urujya n'uruza rw'abantu rwahagaze
Abakoresha uyu muhanda babwiwe ahandi banyura mu gihe ukiri gukorwa

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages