Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe, yabwiye IGIHE ko uyu muhanda kugeza ubu utari nyabagendwa nyuma y’uko urengewe n’amazi y’imvura yaturutse muri Nyabarongo.
Yagize ati “Amazi yabaye menshi kubera imvura yaguye ejo ku mugoroba ariko abakozi b’urugomero bari kuyarekura kugira ngo agere ku rwego aba agomba kuba ariho ubwo turi gukurikirana igihe amazi araza kugabanukira, umuhanda urongera kuba nyabagendwa.”
Yakomeje avuga ko bari kwiga mu buryo burambye uko uyu muhanda utajya urengerwa n’amazi buri gihe uko imvura iguye.
Ati “Mu buryo burambye n’uko umuhanda wazamurwa, turi gukorana n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) na Minisiteri y’Ibikorwaremezo ku buryo umuhanda wajya hejuru kugira ngo ibibazo nka biriya bikemuke.”
Aya mazi yafunze uyu muhanda aturuka mu rugomero rw’amashanyarazi rwa mushishiro na Ndaro rukoresha umugezi wa Nyabarongo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!