Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’umuvundo w’ibinyabiziga binyura mu muhanda wa Prince House-Masaka, Leta y’u Rwanda iteganya kuwagura, igashyiramo ibice bine, ikanubaka umuhanda uca mu kirere.
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yatangaje ko imyiteguro y’ibikorwa byo kwagura uyu muhanda nko kwimura abawukikije iri kugana ku musozo, ingurane zo zikaba zaramaze gutangwa.
Ntirenganya yatangaje ko guhera kuri uyu wa 19 Kamena, imiririmo yo kubaka ibikorwarwaremezo bishamikiye kuri uyu mushinga itangirira mu gice kimwe cy’uyu muhanda, ari cyo Prince House-Cyamitsingi.
Yasobanuye ko muri iyi minsi uyu muhanda uzaba ufunzwe, hazaba hari kubakwa ruhurura ziva kuri Stade Amahoro, zerekeza mu gishanga kiri hagati ya Niboye na Kanombe, kubaka inzira zitwara amazi mu ngo no kwimura insinga z’amashanyarazi.
Ntirenyanya yavuze ko ahantu h’ingenzi hazakorwa ibyo bikorwa ari kuri Prince House, ahahoze KFC, ku Giporoso ugana Kabeza, kuri sitasiyo ya Rubis, n’ahandi urenze gato ku Cyamitsingi.
Umuvugizi w’umujyi wa Kigali yasabye abakoresha uyu muhanda gukoresha ibindi byerekezo bishoboka nk’ikiva ku kibuga cy’indege werekeza Prince-House.
Yagize ati “Uvuye Sonatubes werekeza Kabeza ushobora guca Alpha Palace aho kugira ngo ujye guca hariya harimo gukorwa, wava Kicukiro Centre werekeza Kanombe ugaca Muyange no mu Busanza.”
“Kimwe n’uko waba uri mu bice byo hakurya y’umuhanda uri nko kwa Rwahama ugakomeza ukava hano i Remera ku Gisimenti aho kugira ngo ukomeze imbere ukajya guca kwa Rwahama ugakomeza kuri gare ya Remera ukabona kugera mu Giporoso.”
Ntirenganya yibukije abatwara imodoka nini nk’amakamyo ava mu Burasirazuba yerekeza mu Majyepfo no mu Majyaruguru ko batazakoresha iyo mihanda.
Yagize ati “Ayo makamyo azaba ari guca muri Kigali Special Economic Zone agakomeza mu Izindiro, mu Birembo na Gasanze. Hanyuma ajya mu Burasirazuba na yo ari kuva muri ibyo bice akanyuzwa Sonatubes, Kicukiro kuri Simba agakomeza kuri Sawa Citi agakomeza iruhande rwa IPRC hanyuma akanyura ku Muyange no mu Busanza akagera i Kanombe.”
Ntirenganya yasabye abakoreshaga uyu muhanda kujya bategura gahunda kare kugira ngo badakerererwa kubera umubyigano w’imodoka ushobora kuzahaboneka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!