Ibi babyibukijwe na Minisitiri w’urubyiruko n’Ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana, mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko wizihijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2015 mu Karere ka Musanze.
Mu ijambo rye, Minisitiri Nsengimana yabwiye urubyiruko uyu munsi ari umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma, bakareba ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho, bityo nab o bakarushaho kubisigasira.
Mu byo u Rwanda rwagezeho, harimo no kuba ko Leta idaheza urubyiruko mu mpande zose zifatirwamo ibyemezo, nk’uko Minisitiri Nsengimana yabigarutseho agira ati: “Mu Rwanda nta hantu abantu bicara ngo bafate ibyemezo hatarimo abahagarariye urubyiruko.”
Yakomeje ashimira ishuri rya INES Ruhengeri kuri gahunda cyashyizeho yo gushyiraho ikigo cyigisha ibijyanye no kwihangira imirimo (Incubation Center).



















TANGA IGITEKEREZO