Uyu munyamakuru yatawe muri yombi ejo ku wa 26 Werurwe 2018 nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SSP Hitayezu Emmanuel.
Yagize ati “Uwo munyamakuru yafashwe ku munsi w’ejo akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa akaba afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhima mu gihe iperereza rigikorwa kugira ngo dosiye izashyikirizwe ubushinjacyaha.”
Muramira François Regis yamenyekanye mu biganiro bivuga ku mikino yo mu Rwanda no mu mahanga yakoze ku maradiyo atandukanye nka Radio Umucyo, Radio Authentic na Radio One, akaba kugeza ubu yakoraga kuri City Radio no kuri BTN.
Icyaha Muramira akurikiranyweho ngo yagikoreye muri Fantastic Restaurant iherereye mu Mujyi wa Kigali ku itariki ya 26 Gashyantare 2018.



















TANGA IGITEKEREZO