00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutseho 6,3%

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 18 September 2023 saa 04:19
Yasuwe :

Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, umusaruro mbumbe w’u Rwanda wageze kuri miliyari 3.970 Frw uvuye kuri miliyari 3.282 Frw wari uriho mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka ushize.

Serivisi zatanze 45% by’umusaruro mbumbe wose, uruhare rw’ubuhinzi rwari kuri 27% naho inganda ari 20% by’umusaruro mbumbe wose.

Mu 2023, umusaruro mbumbe witezweho kwiyongeraho 6,2% nyuma yo kwiyongeraho 8,2% mu 2022. Mu gihembwe cya kabiri cya 2023, umusaruro mbumbe wiyongereyeho ku kigero cya 6,3% nyuma yo kwiyongeraho 9,2% mu gihembwe cya mbere cya 2023.

Mu buhinzi, umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu wiyongereyeho 2% aho umusaruro w’icyayi wiyongereyeho 14% naho uwa kawa ugabanukaho 11%. Umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wagabanutseho 3% bitewe n’umusaruro muke w’igihembwe cy’ihinga cya A.

Mu nganda, umusaruro w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri wiyongereyeho 7%, uw’ubwubatsi wiyongeraho 4% naho umusaruro w’inganda zikora zikanatunganya ibintu bitandukanye wiyongeraho 8%.

Iri zamuka rya 8% ryatewe ahanini n’umusaruro w’inganda zitunganya ibiribwa wiyongereyeho 9%, uw’inganda zikora imyenda wiyongeraho 18%, uw’izikora ibikoresho mu mbaho wiyongeraho 32% mu gihe uw’inganda zitunganya ibikoresho by’ubwubatsi higanjemo sima wiyongereyeho 9%.

Muri serivisi, umusaruro w’ubucuruzi buranguza n’ubudandaza wiyongereyeho 6%, umusaruro wa serivisi zo gutwara abantu n’iz’ubwikorezi uzamukaho 8% bitewe n’ubwikorezi bwo mu kirere bwiyongereyeho 23% mu gihe ubwikorezi bwo ku butaka bwiyongereyeho 5%.

Muri iki gihembwe, rumwe mu nzego zitateye imbere cyane, harimo urw’ubuhinzi kuko bwazamutse ku kigero 0%. Ibi ubwabyo byagize ingaruka ku izamuka ry’ibiciro ku masoko aho mu kwezi gushize byageze kuri 12,3%.

Umunyamabanga wa Leta muri Minecofin ushinzwe Imari ya Leta, Tusabe Richard, yavuze ko hari gukorwa ibishoboka byose mu gukumira izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Ati “Icyo turi kugerageza gukora ni ugukumira kuzamuka bikabije dufatanyije n’abaturage tubakangurira ibyo bakora n’igihe babikorera cyane cyane ku by’ubuhinzi kugira ngo tubone umusaruro uhagije mu gihugu.”

“Nkunganire nayo tukabasha kuyongera ku kubona ifumbire n’imbuto, ibyo tubashije kubikora tugatera ku gi’he no guhingira ku gihe biduha amahirwe y’uko twakongera umusaruro ku isoko.”

Yavuze ko leta iri gukora ibishoboka mu kongera ingufu mu buhinzi bwa kijyambere kuko abarenga 60% bari mu buhinzi ariko uburyo bukorwamo “ntabwo biduha amahirwe yo guhangana n’ibiza byaba ibituruka hanze n’ibiri mu gihugu birimo ibijyanye n’imihindagurikire y’ikirere”.

Umunyamabanga wa Leta muri Minecofin ushinzwe Imari ya Leta, Tusabe Richard
Umuyobozi w'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa, ubwo yatangazaga imibare igaragaza uko ubukungu bw'u Rwanda buhagaze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages