Igihembo UDL yahawe gitangwa binyuze muri “International Property Awards’’, ifite icyicaro mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza.
Ibi bihembo bitangwa ku bigo n’abantu bo ku migabane irimo uw’u Burayi, Afurika, Amerika na Aziya. Byashyizweho hagamijwe gushimira ibigo bigira uruhare mu mishinga y’inyubako zitangiza ibidukikije, abashinzwe kugenzura inyubako, abubatsi, abakomisiyoneri cyangwa abaranga imishinga y’inyubako, abagenagaciro, abahanga mu gukora ibikoresho by’imbere mu nzu, abahanga mu gukora inyigo z’inyubako n’ibigo bizamamaza.
Ibigo bihatanira ibihembo biriyandikisha mu byiciro bitandukanye hanyuma hakarebwa ibyujuje ibisabwa, bikaba ari byo bishimirwa.
Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’Ubucuruzi muri UDL, Rubangura Claudette, yabwiye IGIHE ko bishimiye ko imishinga y’ubwubatsi irimo Kigali Green Complex n’uw’Icyiciro cya Kabiri cya Vision City yahembwe ku rwego rw’Afurika mu cyiciro cy’inyubako zirengera ibidukikije.
Yagize ati “Mu gukora ubugenzuzi harebwa byinshi nko gukoresha ingufu zisubira, gukusanya no gutunganya imyanda, kubakisha ibikoresho bitangiza ibidukikije, gukoresha amazi make n’ibindi.’’
Yavuze ko Vision City II na KGC nubwo ari imishinga itaruzura ariko yahembwe nyuma yo kureba ku bishushanyo biragagaza uko inyubako zateganyijwe zizaba zubatse kandi “zirabyujuje”.
Ati “Kuri Vision City hari inzu twatangiye kubaka zizadufasha kwereka abakiliya uko umudugudu uzaba uteye (Model Houses).’’
Vision City II na KGC ni imishinga ihuriye ku kuba itangiza ibidukikije, yubatse mu buryo burambye bijyanye n’icyerekezo cy’Isi cyo kugabanya imyuka yangiza ikirere.
Nyuma yo kwegukana igihembo ku rwego rwa Afurika, biteganyijwe ko iyi mishinga izahagararira umugabane mu bihembo byo ku rwego rw’Isi bizatangwa mu 2024.
Umudugudu wa Vision City II watangiye kubakwa i Gacuriro muri Kinyinya ndetse icyiciro cya mbere kizaba kigizwe n’inzu 182. Uwo mudugudu uzaba ufite inzu zo kubamo, piscines, ishuri, amaduka, hoteli n’ibindi bikorwaremezo bituma abantu bidagadura.
Icyiciro cya mbere cya Vision City I cyararangiye ndetse inzu zubatswe zaraguzwe ndetse kuri ubu zituwemo.
Kigali Green Complex yo izaba iherereye mu kibanza kiri ahahoze Ikigo Ndangamuco cy’Abafaransa hafi na rond point nini yo mu Mujyi wa Kigali rwagati, ku muhanda ugana kuri Payage.
Iyi nyubako y’amagorofa 29, izubakwa na UDL. Izaba ifite amaduka, ibiro byo gukoreramo, restaurant n’ibindi.
Izindi nkuru wasoma:
-* Uzaba urimo na hoteli! Ibyihariye ku mudugudu wa Vision City II
-* Izaba ifite amagorofa 29! I Kigali hagiye kuzamurwa inyubako ndende mu Rwanda
Video: Bidibura William



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!