Iyi nama ibaye ku nshuro ya 14 iramara iminsi ibiri kuva kuri uyu wa Kane tariki 15 kugeza kuwa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2016, haganirwa ku nsanganyamatsiko igira iti “dufatanyije twubake u Rwanda twifuza.’’
Iyi nama y’Umushyikirano iranakurikirwa mu buryo bw’ikoranabuhanga n’urubyiruko rukoraniye mu bice bitandukanye by’igihugu, harimo urubyiruko rukoraniye mu Inkera y’Imihigo muri Petit stade i Remera, i Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, Kayonza mu Burasirazuba, i Gicumbi mu Majyaruguru n’i Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo.
Muri iyi nama abanyarwanda aho bari hose bahabwa umwanya wo gutanga ibitekerezo byakwibandwaho cyangwa bakabaza ibibazo bafite, kuri iyi nshuro bikaba ari ukohereza ubutumwa bugufi kuri 5074 bakoresheje telefoni ngendanwa, cyangwa bagahamagara kuri 252585267 cyangwa 252585268.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi ni umwe mu bagaragaje ko iyi nama y’Umushyikirinano ari umwanya Abanyarwanda babonye, ati “Umushyikirano2016 uzabere Abanyarwanda urubuga rwo gutanga ibitekerezo byubaka, kugira ngo ‘Dufatanyije Twubake u Rwanda twifuza’, nk’uko yabyanditse kuri Twitter.
Inama y’igihugu y’Umushyikirano iteganywa n’itegeko Nshinga ryo mu 2003 nk’uko ryavuguruwe mu 2015, rigena ko “iterana nibura rimwe mu mwaka igasuzuma uko ubuzima bw’Igihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda bihagaze.”
Perezida wa Repubulika atumiza kandi akayobora Inama y’Igihugu y’Umushyikirano akanagena abayitabira, imyanzuro ivuyemo igashyikirizwa inzego zibishinzwe kugira ngo zirusheho gutunganya imirimo zikorera abaturage.
Inkuru bifitanye isano: Imwe mu myanzuro ikomeye yagiye ifatirwa mu nama y’Umushyikirano guhera mu 2003
Amafoto: Mazimpaka Jean Pierre na Rwanda Gov



















TANGA IGITEKEREZO