Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’u Burengerazuba, CIP Théobard Kanamugire, yabwiye IGIHE ko uyu muyobozi yatawe muri yombi ku wa Gatatu mu masaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba, aho akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo w’iyo kaminuza no gukoresha impapuro mpimbano.
CIP Kanamugire yavuze ko iperereza ku byaha uyu muyobozi akurikiranyweho rigikomeje kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.
Nyuma yo gutabwa muri yombi, Dr Gahutu yahise ajya gufungirwa kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Amakuru agera kuri IGIHE aravuga ko Dr Gahuta yaba yatawe muri yombi ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 8 Gashyantare 2017.
Iyi Kaminuza yakunze kuvugwamo ibibazo byo kutumvikana hagati y’abanyamigabane bayo ahanini bishingiye ku micungire yayo.
Inama y’Abamisitiri yo ku wa 20 Werurwe 2015 niyo yemereye Rusizi International University gutangira kwigisha nka kaminuza yemewe mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO