00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rugomba kuba ku isonga muri gahunda za SDGs

Yanditswe na

Cyprien Niyomwungeri

Kuya 25 September 2015 saa 07:10
Yasuwe :

Umuryango utegamiye kuri Leta ukora ubukangurambaga muri gahunda z’iterambere rirambye GCAP, usanga urubyiruko rukwiye guhabwa umwanya uhagije mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda z’iterambere rirambye SDGs.

SDGs ni ingamba z’iterambere rirambye zizasimbura MDGs, ni intego isi yihaye kugera 2030. Inama ya nyuma izemeza SDGs irateganywa mu Kuboza mu nama rutura ku by’ihindagurika ry’ikirere ku isi izabera i Paris mu Bufaransa, hakanagenwa igihe runaka izi SDGs zizashyirwa mu bikorwa.

Mu bukangurambaga bukorwa n’uyu muryango habamo gukangurira urubyiruko kwibona mu bikorwa byo kurwanya ubukene, guharanira uburinganire no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Umukozi muri uyu muryango Ngango Jean de Dieu, avuga ko kwegera urubyiruko no kuruha umwanya ari ukububakamo abayobozi ba none n’ejo hazaza.

Yagize ati’’ Urubyiruko nibo bayobozi b’uyu munsi nibumva neza gahunda leta ibateganyiriza, zaba izo kurwanya ubukene, imibereho myiza bizatuma wa musingi w’iterambere wihuta kuko nizo mbaraga z’uyu munsi dufite. Kwereka urubyiruko inzira nziza yo kunyuramo, ukababera umucyo ni ukubaka ejo hazaza h’uyu munsi.’’

Mu ngamba za MDGs isi yihaye zizarangirana n’uyu mwaka zigasimburwa na SDGs, U Rwanda rwabashije kwesa umuhigo wo kugera kuri nyinshi by’umwihariko kuvana mu bukene abaturage bagera kuri Miliyoni imwe.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages