00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rw’i Kigali rwasabwe kubyaza umusaruro ibibazo byugarije igihugu

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 24 January 2024 saa 12:36
Yasuwe :

Urubyiruko rwo mu mujyi wa Kigali ruri mu mahugurwa yo gukarishya ubumenyi no kwihangira umurimo, rwasabwe kubyaza umusaruro ibibazo byugarije igihugu, rukabishakira ibisubizo bitanga akazi kuri benshi.

Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri ubwo muri Kaminuza yigenga ya Kigali ULK hatangizwaga amahugurwa yo gufasha ba rwiyemezamirimo guhanga akazi no kwinjira ku isoko ry’umurimo, bitangirwa mu kigo cya ULK gishinzwe umurimo, ULK Business Incubation Center ku bufatanye n’umujyi wa Kigali n’ikigo Kigali Business Angel Network.

Ni amahugurwa agirwamo uruhare n’inzobere mu bucuruzi, ubukungu no guhanga imirimo, abageze ku bikorwa bitandukanye, abanyamabanki, abayobozi n’abandi.

Dr.Roger Mugabe, Umukozi wa ULK waganirije urwo rubyiruko, yarusabye kubyaza umusaruro amahirwe babonye, bibanda cyane ku kubanza kumenya ibibazo byugarije igihugu n’aho batuye, bagakoresha ubumenyi bahawe mu kubishakira ibisubizo.

Yavuze ko aribwo bumenyi rwiyemezamirimo wese abanza kugira, mbere yo guha abandi akazi kuko umushinga mushya ukwiriye guhera ku bidahari.

Umukozi w’Umujyi wa Kigali, Geoffrey Kyatuka, yagaragaje ko aya mahugurwa ari kimwe mu bisubizo bashyigikiye mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubushomeri mu mugi wa Kigali.

Yagaragarije ba rwiyemezamirimo amwe mu mahirwe leta yashyizeho mu guteza mbere Abanyarwanda, by’umwihariko bahereye mu mujyi wa Kigali.

Biteganyijwe ko muri ULK Business Incubation Center buri mezi atatu hazajya hahugurwa icyiciro kimwe mu gihe cy’umwaka, abahize abandi bakazahembwa.

Urubyiruko rwasabwe kureba amahirwe aruzengurutse, biturutse mu bibazo byugarije igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages