Uru ruganda rufatanyije na Leta y’u Rwanda rwagabanyije igwingira riva ku mpuzandengo ya 47% rigera kuri 35%, binyuze mu ifu rukora irimo Shisha Kibondo, Nootri Mama na Nootri Toto zigaburirwa miliyoni 1.5 ku munsi.
Mu kurushaho kugeza ibyo kurya byaryo hirya no hino, rugiye gufungura inganda muri Ethiopia, Nigeria, Zambia n’ibindi bihugu bya Afurika.
Iki gikorwa kigamije kugabanya igwingira ry’abana n’imirire mibi, rurateganya ko ibyo kurya byarwo bizagera cyane ku bana bari munsi y’imyaka itanu kuko aribo bibasirwa cyane n’imirire mibi.
Ibi bizatuma mu 2028 ruzaba rugaburira abantu miliyoni icumi ku munsi hirya no hino muri Afurika.
Uruganda rwa AIF kugeza ubu mu Rwanda rutunganya toni 65.000 ku mwaka, zituruka mu musaruro w’ibigori na soya utangwa n’abahinzi 90.000 bo hirya no hino rukorana nabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!