00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uruganda rwa SUPA ku Kicukiro rwafashwe n’inkongi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 August 2017 saa 03:55
Yasuwe :

Ahagana saa cyenda n’igice, Uruganda rukora impapuro z’isuku rwa Supa, rwafashwe n’inkongi y’umuriro itaramenyekana icyayiteye.

Ahahiye ni igice kirimo ububiko bw’uru ruganda, abakozi barwo bakaba bahise batangira gusohora ibikoresho bimwe na bimwe byarimo kugira ngo hatangirika byinshi.

Mu gihe twandikaga iyi nkuru, umwe mu bantu bari kuri uru ruganda, yadutangarije ko
uruganda rukimara gushya Polisi yahageze mu minota nka makumyabiri.

Yagize ati “ Ubu hari kizimyamoto ebyiri nubwo umuriro utari wazima ariko babashije kuwugararika ntabwo urimo kujya muzindi nyubako.Hanyuma inkomoko yawo, numvise bavuze, ni uko hari ifuru itwika impapuro n’imyanda, bagiye gutwika imyanda y’impapuro noneho umuriro uba mwinshi ufata uruganda. Urabizi rero ni uruganda rw’impapuro z’isuku ,ubwo umuriro wabaye mwinshi uwari ugiye gutwika biramuyobera.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages