Kuwa Gatanu w’icyumweru gishize nibwo urukiko rwagombaga gufata umwanzuro ariko abacamanza bavuga ko dosiye yabaye nini, igihe bari batanze kigera batararangiza kuyisuzuma, bityo isomwa ryimurirwa kuri uyu wa Mbere ku gicamunsi.
Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.
Mu iburanisha riherutse Ubushinjacyaha bwasabye urukiko gufunga by’agateganyo abaregwa ngo kuko baramutse barekuwe bashobora kubangamira iperereza cyangwa bagacika ubutabera.
Abaregwa bo bahakana ibyo baregwa basabye urukiko kubarekura kuko aho batuye hazwi kandi nta byangombwa by’inzira bafite ku buryo bacika ubutabera.
Banasabye gufungurwa by’agateganyo bashingiye ku kuba amajwi ashingirwaho bashinjwa Ubushinjacyaha buyafite, bakaba nta buryo basibanganya ibimenyetso.



















TANGA IGITEKEREZO