00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rwategetse ko Gitifu n’abakozi bane b’Akarere ka Gakenke bafungurwa

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 23 June 2017 saa 04:45
Yasuwe :

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwategetse ko abakozi batanu b’Akarere ka Gakenke barimo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako bari baratawe muri yombi bahita bafungurwa kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 23 Kamena 2017.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Gakenke, James Kansiime, yatawe muri yombi kuwa 7 Kamena 2017, akekwaho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano mu itangwa ry’amasoko yo kubaka Ikigo Nderabuzima cya Minazi no kunyereza umutungo wa Leta.

Abandi bakozi bakarere bari bafashwe bashinjwa ibyaha birimo ubufatanyaha mu kunyereza umutungo wa leta ni Murenzi Augustin, Ushinzwe ibidukikije; Ntawuyiniga Michel ushinzwe kwita no gusana imihanda; Ntirenga Epimake ushinzwe amashanyarazi na Uwamahoro Janvier ushinzwe ibikorwa by’ubuzima mu Karere.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 22 Kamena, ni bwo bagejejwe imbere y’urukiko bahakana ibyaha bashinjwa.

Mu isomwa ry’urubanza kuri uyu wa Gatanu, urukiko rwategetse ko bose bahita bafungurwa kuko ibimenyetso bibashinja byatanzwe bidahagije.

Urubanza rwasomwe abaregwa batari mu cyumba cy’iburanisha ariko Ubushinjacyaha bwahise buvuga ko bujuririye icyo cyemezo cyo kubafungura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Gakenke, James Kansiime wari watawe muri yombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages