00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rwategetse ko Me Nkanika ushinjwa ruswa afungwa by’agateganyo iminsi 30

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 27 July 2017 saa 03:55
Yasuwe :

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Me Nkanika Alimas ushinjwa ubuhemu no kwaka ruswa abakiriya avuga ko agiye kuyiha abacamanza ngo bazabashe koroshya imanza baregwamo, afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Kuri uyu wa 27 Nyakanga 2017 ni bwo urukiko rwasomye umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Ibirego Me Nkanika aregwa ko yakoze hagati ya 2014 na 2017, harimo icyaha cya ruswa, ashinjwa ko yagiye yaka amafaranga mu buryo butandukanye abo yunganiraga mu nkiko agamije kuyaha abakora mu nzego z’ubutabera kugira ngo urubanza rucibwe uko babyifuza n’ikindi cyo kuba hari umuntu yagombaga kunganira mu rubanza wari ugiye gufungwa, akamuha imodoka ye ngo ayimugereze mu rugo rwe, aho kubikora akayitwarira.

Umucamanza ayavuze ko Me Nkanika afungwa by’agateganyo kuko ari hanze ashobora kotsa igitutu abatangabuhamya; ko ashobora kumvikana n’abamushinja; byongeye iperereza rikaba rikomeje kuko hari abatangabuhamya batarabazwa.

Urukiko rwasobanuye ko nyuma yo gusuzuma dosiye rwasanze hari ibimenyetso bikomeye bituma Me Nkanika akekwaho icyaha cy’ubuhemu no kwaka ruswa abakiriya ababeshya ko azabavuganira imanza zabo zikoroshwa.

Bimwe muri ibyo bimenyetso ni ukuba yiyemerera ko yagiranye ibiganiro kuri telefone n’abo ashinjwa ko bavuganye ibyerekeye na ruswa yakaga, ariko we yarabihakanye, abwira urukiko ko batavuganaga ibya ruswa.

Ibindi ni ukuba amafaranga yita ko yishyuye imodoka aregwa ko yakoreyeho ubuhemu yarayatanze nyuma y’uko aregewe Urwego rw’umuvunyi.

Urukiko rwanavuze ko kuba raporo ku iyumvirizwa rya telefone yanenzwe n’abamwunganira, bavuga ko yakozwe mu Cyongereza kandi abo bavuganaga baravugaga ikinyarwanda, ruvuga ko nta shingiro bifite kuko yakozwe byasabiwe uburenganzira urwego rubishinzwe kandi ko ururimi yakozwemo na rwo rwemewe n’amategeko y’u Rwanda, kandi nta kigaragazwa cyongewemo.

Uru rubanza Me Nkanika aregwamo ni kimwe n’ururegwamo mugenzi we Me Nyiramikenke Claudine, nawe wahawe n’urukiko gufungwa by’agategenyo iminsi 30.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages