00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Volant si iyawe uyu munsi- ACP Rutikanga ku babyukanye ‘hangover’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 July 2026 saa 11:24
Yasuwe :

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yibukije Abanyarwanda kwirinda gutwara ibinyabiziga mu gihe bumva bagifite isindwe (hangover) batewe no kurara banyoye inzoga.

ACP Rutikanga yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X ku wa 27 Nyakanga 2026, aho yibukije abantu gukomeza kwirinda impanuka zo mu muhanda, cyane cyane mu gihe bamwe baba bakiri mu munezero w’ibirori byo mu mpera z’icyumweru.

Ati “Bamwe turacyari mu munezero w’intsinzi, abandi bo ingamba ni zose, ubuzima bugomba gukomeza. Niba umutwe ukibyina indirimbo z’ejo nijoro ‘hangover’, birakubwira ikintu kimwe gusa: ‘Volant si iyawe uyu munsi!’”

Yakomeje agira inama abafite ibimenyetso bya ‘hangover’ gufata umwanya wo kuruhuka, bakazongera gutwara ibinyabiziga ari uko umubiri wabo wasubiranye imbaraga.

Ati “Fata akaruhuko. Volant uyisubukure ari uko umubiri wawe na wo wamaze kugaruka mu mukino.”

ACP Rutikanga yashimangiye ko kwirinda ari inshingano ya buri wese, asaba abatwara ibinyabiziga kugira uruhare mu kurinda ubuzima bwabo ndetse n’ubw’abandi basangiye umuhanda.

Yibukije kandi Abanyarwanda gukomeza kugendera ku mategeko arebana n’umutekano wo mu muhanda.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yibukije Abanyarwanda kwirinda gutwara ibinyabiziga mu gihe bumva bagifite isindwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages