00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Abanyarwanda n’inshuti zabo bashyize muri AgDF 112,927 by’Amadorali

Yanditswe na

Vénuste Kamanzi

Kuya 27 October 2012 saa 08:48
Yasuwe :

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, Abanyarwanda n’inshuti zabo baba mu Burundi bakusanyije amadorali ya Amerika 112,927, ni ukuvuga abarirwa muri miliyoni 75 nk’umusanzu wabo mu kigega cy’iterambere Agaciro (AgDF).
Iki gikorwa cyagezweho ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda mu Burundi n’Abanyarwanda baba muri iki gihugu, muri rusange hakaba harasobanuwe ‘Agaciro’ k’umunyarwanda n’ikigega Agaciro muri rusange.
Hanafashwe umwanya wo kureba ijambo nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u (…)

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, Abanyarwanda n’inshuti zabo baba mu Burundi bakusanyije amadorali ya Amerika 112,927, ni ukuvuga abarirwa muri miliyoni 75 nk’umusanzu wabo mu kigega cy’iterambere Agaciro (AgDF).

Iki gikorwa cyagezweho ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda mu Burundi n’Abanyarwanda baba muri iki gihugu, muri rusange hakaba harasobanuwe ‘Agaciro’ k’umunyarwanda n’ikigega Agaciro muri rusange.

Hanafashwe umwanya wo kureba ijambo nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze hafungurwa AGACIRO DEVELOPMENT FUND ku rwego rw’igihugu tariki 24 Kanama 2012.

Nyuma yo gukusanya uyu musanzu, Ambasaderi HABIMANA Augustin uhagarariye u Rwanda mu Burundi yashimiye abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba mu Burundi (APRB) n’inshuti zabo by’umwihariko Abarundi, ku nkunga batanze kandi abizeza ko amafaranga batanze azakoreshwa neza. Yongeraho ko gukusanya uyu musanzu wo gushyira muri Agadf bigikomeje kandi aha ikaze buri wese uzifuza gutanga umusanzu we.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages