00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gabiro: Barasabwa kuba maso abahungabanya umutekano muri Congo ntibabinjiremo

Yanditswe na

Patrick Munyentwari

Kuya 26 January 2013 saa 04:51
Yasuwe :

Nyuma y’umuganda rusange wo kuri uyu wa 26 Mutarama 2013, abaturage bo mu Mudugudu wa Gabiro mu nama bagiranye n’abayobozi basabwe kwitondera abantu baza biyita abashyitsi.
Mu nama yahuje abaturage b’uyu mudugudu wo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abayobozi, abaturage basabwe kuryamira amajanja bakamenya uwakwinjira mu mudugudu wabo atazwi cyane muri ibi bihe by’umutekano muke uvugwa mu gihugu cya Congo.
Mu kiganiro na IGIHE, umukuru w’uyu mudugudu, Shamabano Jean, (…)

Nyuma y’umuganda rusange wo kuri uyu wa 26 Mutarama 2013, abaturage bo mu Mudugudu wa Gabiro mu nama bagiranye n’abayobozi basabwe kwitondera abantu baza biyita abashyitsi.

Mu nama yahuje abaturage b’uyu mudugudu wo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abayobozi, abaturage basabwe kuryamira amajanja bakamenya uwakwinjira mu mudugudu wabo atazwi cyane muri ibi bihe by’umutekano muke uvugwa mu gihugu cya Congo.

Mu kiganiro na IGIHE, umukuru w’uyu mudugudu, Shamabano Jean, yagize ati “Nubwo ntakirahungabanya umutekano mu mudugudu wa Gabiro umutekano muke uri muri Congo uradusaba kuba maso, umuturage akerekana umushyitsi acumbikiye mbere y’uko tubimenya.”

Ibi yabitangaje nyuma y’uko mu minsi ishize abarwanyi ba FDLR binjiye mu Rwanda bikamenyekana bagezemo, bityo umuturage akaba asabwa kuba ijisho rya bagenzi be nk’uko babyiyemeje mu nkingi zabo eshatu zo Kurinda, Kwirinda no Kurindwa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages