Kuri uyu wa mbere tariki ahagana mu ma saa tanu za mu gitondo, ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali inzu ya Mugabo Jerome yafashwe n’inkongi y’umuriroibyari mu nzu byose biba umuyonga harimo n’ibyo umukobwa we yari kuzashyingiranwa ku wa gatandatu.
Iyo mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Kumukenke, Akagari ka Ruhango, Umurenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Ibyari mu nzu hafi ya byose byahiye, ariko ba nyir’inzu bababajwe cyane n’ibishyingiranwa by’umwana wabo wari kuzakora ubukwe ku wa gatandatu w’iki cyumweru.
Abaturanyi bagerageje kuzimya umuriro bakoresheje uko bashoboye mu gihe bari bategereje ko Polisi ihagera ari na yo yabashije kuzimya umuriro.



















TANGA IGITEKEREZO