00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Harasabwa ko ikoreshwa nabi ry’imari ya Leta rihagararara

Yanditswe na

Mathias Hitimana

Kuya 13 October 2012 saa 03:30
Yasuwe :

Nyuma y’uko Urwego rw’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta (OAG) rusanze hari imari ya Leta icungwa nabi rurasaba ko bihagarara, inzego zose zigakurikiza inama zihabwa n’Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta.
Nk’uko tubikesha The New Times, Umugenzuzi w’imari ya Leta, Obadia Biraro, yagaragarije Komisiyo y’Abadepite bashinzwe kugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta (PAC) mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe na PAC yabaye ku wa gatanu tariki 12/10/2012 mu ngoro y’Inteko Ishingamategeko, umutwe (…)

Nyuma y’uko Urwego rw’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta (OAG) rusanze hari imari ya Leta icungwa nabi rurasaba ko bihagarara, inzego zose zigakurikiza inama zihabwa n’Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta.

Nk’uko tubikesha The New Times, Umugenzuzi w’imari ya Leta, Obadia Biraro, yagaragarije Komisiyo y’Abadepite bashinzwe kugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta (PAC) mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe na PAC yabaye ku wa gatanu tariki 12/10/2012 mu ngoro y’Inteko Ishingamategeko, umutwe w’Abadepite, ko hari amafanga menshi yakoreshejwe nabi.

Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta,Obadiah Biraro ati “uburiganya bugenda bwiyongera, guhimba inyandiko zibikuza amafaranga.” Umugenzuzi w’imari ya Leta yagaragaje ko ibi biterwa ahanini no kuba hatariho uburyo buhamye bwo kugenzura mu bigo uko amafaranga akoreshwa.

Mu mibare igaragazwa n’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, amafaranga arenga miliyari 10 (10,668,450,282) yasohotse ntihagaragare inyandiko isobanura uburyo yakoreshejwe n’inzego zinyuranye z’igihugu mu mwaka wa 2010-2011, hakaba n’amafaranga arenga miliyoni 628 yibwe hakoreshejwe kwigana umukono w’abandi.

Kampeta Sayinzoga, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi, atangaza ko amafaranga ashobora kuba hari ayakoreshejwe ibyo yari agenewe, ariko hakabaho kutabika inyandiko, cyangwa kubura abakozi b’inzobere mu icungamari.

Inteko Ishingamategeko yo ntiyemera urwitwazo wr’ubushobozi bucye bw’abakozi.

Biraro yanagaragaje ko hakiri inzego zikinangira kubahiriza inama zigirwa n’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta. Muri raporo ya OGA ya 2011, 49% y’inama bagiriye ibigo muri raporo y’umwaka wari wabanje nizo zubahirijwe. Muri raporo ya 2010, ho byagaragajwe ko hubahirijwe inama bagirwa ku kigereranyo cya 53%.

N’ubwo ariko bigaragara ko hari ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta, Perezida w’Inteko Ishingamategeko, umutwe w’Abadepite, Depite Rose Mukantabana, yatangaje ko bidakwiye gutera ubwoba kuko u Rwanda rugerageza gucunga neza imari ya Leta.

Ati “ntabwo ibintu byacitse cyane kuko u Rwanda rwishimira rukanashimwa n’amahanga ko rukoresha neza ingengo y’imari rufite, by’umwihariko inkunga ruhabwa”.

Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta, Obadia Biraro, yasabye inzego bireba kubahiriza inama bahabwa n’Umugenzuzi w’imari ya Leta.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages