Ku mugabane wa Asia kuri ubu hamaze gutahurwa indwara ifite ibimyetso byenda kumera nk’ibya SIDA, gusa itandukaniro ni uko iyi ndwara kugeza ubu itarabonerwa izina idaterwa na Virus kandi yo ikaba itandura nkayo.
Iyigwa ryakozwe kuri iyi ndwara kuwa Kane tariki ya 23 Kanama 2012, ryagaragaje ko iyi ndwara imeze nka SIDA, nk’uko ikinyamakuru Lexpress.fr cyabitangaje.
Ikinyamakuru Le New England Journal of Medecine cyandikirwa mu Bwongereza, kuri uyu wa Kane cyagaragaje ko iyi ndwara idasanzwe nayo yaba ifite ubushobozi bwo kugabanya abasirikare b’umubiri w’umuntu nk’uko SIDA ibigenza.
Iki kinyamakuru gikomeza gitangaza ko iyi ndwara ikunda kwibasira cyane cyane abantu bo muri Asia bari mu kigero cy’imyaka mirongo itanu (50). Ikindi kandi ngo umuntu uyirwaye akunda gufatwa n’ibyuririzi by’indwara zitari nke.
Abantu bamaze gufatwa n’iyi ndwara batekereza ko ifite aho ihuriye n’imihindagurikire y’ikirere cyo muturere bakomokamo. Abaganga bakurikiranira hafi abafashwe nayo, batangaza ko n’iyo umurwayi yayivurwa atakongera kugira ubudahangarwa bw’umubiri yari asanganwe mbere.
Aba banganga bongeraho kandi ko nubwo badafite imibare ifatika y’abamaze guhitanwa n’iyi ndwara, yo ngo imaze guhitana abatari bake muri Asia.



















TANGA IGITEKEREZO