00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rwigenga ndetse na 18 rwibohoye

Yanditswe na

Kwizera Emmanuel

Kuya 4 July 2012 saa 08:48
Yasuwe :

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge ndetse n’imyaka 18 rumaze rwibohoye politiki y’ivangura n’igitugu, byizihirijwe i Kigali kuri Stade Amahoro i Remera ku tariki ya 1 Nyakanga 2012. Iyi mihango yaranzwe n’akarasisi k’ingabo z’igihugu ndetse na Polisi, yari iyobowe na Brig. Gen. Kazura Jean Bosco, ingabo zaniyerekanye mu mikino itandukanye irimo iyo kwitabara nta ntwaro zikoreshejwe dore ko hanabayeho n’imyiyerekeno y’indege zifahishwa mu gihe (…)

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge ndetse n’imyaka 18 rumaze rwibohoye politiki y’ivangura n’igitugu, byizihirijwe i Kigali kuri Stade Amahoro i Remera ku tariki ya 1 Nyakanga 2012. Iyi mihango yaranzwe n’akarasisi k’ingabo z’igihugu ndetse na Polisi, yari iyobowe na Brig. Gen. Kazura Jean Bosco, ingabo zaniyerekanye mu mikino itandukanye irimo iyo kwitabara nta ntwaro zikoreshejwe dore ko hanabayeho n’imyiyerekeno y’indege zifahishwa mu gihe cy’intambara, binarangwa kandi n’indirimbo, Imbyino n’ibindi.

Uyu muhango, wari witabiriwe n’imbaga y’Abanyarwanda ndetse n’abashyitsi batandukanye barimo Perezida wa Repubulika ya Tanzaniya Jakaya Kikwete, Visi Perezida wa Uganda Edward Sekandi, Visi Perezida wa Mbere w’u Burundi Therence Sininguruza, Abayobozi bakuru bo muri Guverinoma, Hon. Jean Ping wo muri Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe, ndetse n’Ingabo na Polisi y’u Rwanda.

Amafoto:Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages