Akarere ka Kicukiro kubatse ubwiherero rusange i Remera bufite agaciro ka miliyoni zisaga makumyabiri z’amafaranga y’u Rwanda.Ubu bwiherero bwubatse mu buryo bugezweho buzanafasha abana n’ubumuga ku bukoresha byoroshye.
Umwe mu bari mu nzego z’ubuyobozi mu karere ka Kicukiro yatangarije IGIHE ko ubu bwiherero bwubatswe ku bufatanye n’Itorero ry’Abangirikani (AEE).
Mu rwego rwo kuba abahizi b’indashyikirwa mu isuku nk’uko mu mihigo aka karere kahize, umwe mu bagize inzego z’ubuyobozi zako yadutangarije ko bazakomeza kwagura ibikorwa byo kubaka ubwiherero rusange ahantu hatandukanye.
Umuyobozi w’Akarere Paul Jules Ndamage kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Gashyantare yemereye ikibanza sosiyeti AGRUNI cyo kuzubakamo ubundi bwiherero rusange mu Rubirizi.
Ubwiherero rusange bushya bwa Kicukiro mu mafoto
























TANGA IGITEKEREZO