Mu isuzuma ry’imihigo y’umwaka w’2011-2012, mu matota y’uko uturere ntwakurikiranye Akarere ka Kicukiro kaje ku mwanya wa mbere, mugihe akarere kabaye akanyuma mu gushyira mu bikorwa imihigo kahize ari aka Rutsiro.
Aya manota y’uko uturere twagiye dukurikirana mu guhigura ibyo twahize, yatangajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Kanama 2012, ubwo hamurikirwaga kumugaragaro imihigo y’umwaka wa 2012-2013 Perezida wa Paul Kagame.
Kuri uru rutonde rwaje rugaragaza ko Akarere ka Kicukiro ariko kari ku mwanya wa mbere, gakurikirwa na Kamonyi maze ku mwanya wa Gatatatu haza Bugesera. Utu turere dutatu twa mbere twahawe ibikombe na Perezida Kagame.
Dore uko uturere twakurikiranye:
1. Kicukiro
2. Kamonyi
3. Bugesera
4. Huye
5. Nyamasheke
6. Burera
7. Ngoma
8. Gisagara
9. Gatsibo
10. Nyarugenge
11. Rurindo
12. Muhanga
13. Nyagatare
14. Ruhango
15. Nyamagabe
16. Karongi
17. Gakenke
18. Kayonza
19. Ngororero
20. Kirehe
21. Nyabihu
22. Nyanza
23. Musanze
24. Rubavu
25. Gicumbi
26. Nyaruguru
27. Rusizi
28. Rwamagana
29. Gasabo
30. Rutsiro
Mu mwaka ushize wa 2010-2011, Akarere ka Rulindo niko kari kaje ku mwanya wa mbere, gakurikirwa na Nyamasheke ndetse na Kicukiro, mu gihe ku mwanya wa nyuma hari haje Akarere ka Gakenke. Igikorwa cyo guhiga cyatangiye mu mwaka wa 2006 aho uturere ndetse n’izindi nzego nkuru za Leta zihiga ibyo zigomba gukora.
Agashya muri uyu mwaka ni uko za Minisiteri ndetse na za Ambasade zahigiye ibyo zizakora.
Hejuru ku ifoto: Paul Jules Ndamage uyobora Akarere ka Kicukiro



















TANGA IGITEKEREZO