Ibi Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabitangaje mu ijambo yavugiye mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge ndetse n’imyaka 18 rumaze rwibohoye politiki y’ivangura n’igitugu.
Uyu muhango wabereye i Kigali kuri Stade Amahoro i Remera ku tariki ya 1 Nyakanga 2012, wari witabiriwe n’imbaga y’Abanyarwanda ndetse n’abashyitsi batandukanye barimo Perezida wa Repubulika ya Tanzaniya Jakaya Kikwete, Visi Perezida wa Uganda Edward Sekandi, Visi Perezida wa Mbere w’u Burundi Therence Sininguruza, Abayobozi bakuru bo muri Guverinoma, Hon. Jean Ping wo muri Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe, ndetse n’Ingabo na Polisi y’u Rwanda.
Mu ijambo rye, Perezida Kagame Paul yavuze ko iki ari igihe cyo kwisuzuma no gusubiza amaso inyuma hakarebwa ibyagezweho ndetse no gutumbira igihe kiri imbere u Rwanda rukiyubakira ejo hazaza heza.
Perezida Kagame yagize ati: “Uyu munsi ukubiyemo ibintu bibiri, ubwingenge no kwibohoza. Byose bikubiyemo ibibazo mu nzira twanyuzemo. Ariko kandi biduha n’amahirwe menshi, kugira ngo duhangane n’ibyo bibazo. Ariko icyangombwa, byose bishingira kuri twe kuko twiha agaciro”.
Perezida Kagame yakomeje agira ati: “Ubuzima bw’akarengane bubaho ku Isi hose, ndetse byageze ku Rwanda bituma u Rwanda rugira umugabane urenze uwo rukwiye kuba rwaragize kuri ibyo by’akarengane. Ntabwo bikwiye kuduca intege, ahubwo bikwiye kutuviramo imbaraga zitwubaka, zituma dushobora kubaka ubuzima bwacu no kurema igihe kiri imbere kugira ngo kizashobore kutubera cyiza biruta igihe tunyuzemo”.
Perezida Kagame yasoje ijambo rye yifuriza Abanyarwanda bose umunsi mwiza w’Ubwigenge, anabasaba gukomeza inzira batangiye yo kwiyubakira u Rwanda rw’ejo hazaza heza.
Iyi mihango yaranzwe n’akarasisi k’ingabo z’igihugu ndetse na Polisi, yari iyobowe na Brig. Gen. Kazura Jean Bosco. Nyuma y’akarasisi, ingabo ziyerekanye mu mikino itandukanye irimo iyo kwitabara nta ntwaro zikoreshejwe. Ibi birori byaranzwe kandi n’indirimbo, Imbyino, hanerekanwa na filime igaragaza uburyo abanyarwanda bamaze kwiyubaka kugeza magingo aya.
U Rwanda rwari rwarakoronijwe n’u Bubiligi, rwahawe ubwigenge ku mugaragaro ku itariki ya Mbere Nyakanga 1962.
Umunsi wo kwibohora nawo wijihijwe uyu munsi, wabaye ku itariki 4 Nyakanga 1994 ubwo ingabo za FPR Inkotanyi zahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, zinakuraho leta y’abicanyi yari iyobowe na Sindikubwabo Theodore.
Photo: Village Urugwiro
























TANGA IGITEKEREZO