00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuzitira pariki y’Akagera bikomeje gukomwa mu nkokora na barushimusi

Yanditswe na

Olivier Rubibi

Kuya 19 February 2013 saa 10:07
Yasuwe :

Igikorwa cyo kuzitira pariki y’Akagera gikomeje gukomwa mu nkokora n’abinjira muri pariki guhiga inyamaswa zo kurya, ubu bakaba baratangiye gucukura bagaca munsi y’uru ruzitiro abandi bagatema uruzitiro kugira ngo babone uko binjira.
Nsengiyumva Edouard, umwe mu baturage baturiye iyi pariki mu murenge wa Ndego wo mu Karere ka Kayonza, yatangarije IGIHE ko kuva Leta yatangira kuzitira iyi pariki abahigi batigeze bahwema gukomeza ibikorwa byabo.
Ubu ngo basigaye bacukura baturutse (…)

Igikorwa cyo kuzitira pariki y’Akagera gikomeje gukomwa mu nkokora n’abinjira muri pariki guhiga inyamaswa zo kurya, ubu bakaba baratangiye gucukura bagaca munsi y’uru ruzitiro abandi bagatema uruzitiro kugira ngo babone uko binjira.

Nsengiyumva Edouard, umwe mu baturage baturiye iyi pariki mu murenge wa Ndego wo mu Karere ka Kayonza, yatangarije IGIHE ko kuva Leta yatangira kuzitira iyi pariki abahigi batigeze bahwema gukomeza ibikorwa byabo.

Ubu ngo basigaye bacukura baturutse kure bagaca munsi y’uruzitiro bakinjira imbere muri pariki, abandi bagaca uruzitiro bakoresheje ibyuma.

Nsengiyumva avuga ko uruzitiro rwubakwa mu nkengero z’iyi Parike rukoresha umuriro w’amashanyarazi, ariko aba bahigi ngo ntibibabuza kwinjiramo kuko baba bazi aho za batiri zikoresha uru ruzitiro ziri bakazicomokora bagaterura uruzitiro bakinjira.

Mu kiganiro umuyobozi w’Akarere ka Kayonza Mugabo John yagiranye na IGIHE yadutangarije ko iki kibazo kimaze gukemuka, kuko iyi pariki imaze kuzengurutswa umuhanda n’ibikorwa byo kurinda umutekano muri iyi pariki bikaba byarakajijwe.

Umuyobozi w'Akarere ka Kayonza Mugabo John avuga ko ba rushimusi bahagurukiwe

Leta yashyize amafaranga asaga miliyari ebyiri mu mirimo yo kuzitira iyi pariki.

Ku itariki ya munani Gashyantare uyu mwaka kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarondo hari abagabo 12 bafashwe bahiga muri pariki. Itegeko ryamagana ubushimusi mu Rwanda mu ngingo yaryo ya 417 rivuga ko uhamwe n’icyaha cyo gushimuta ahanishwa igifungu cy’imyaka itanu, n’ihazabu kuva ku bihumbi 500 kugera kuri miliyoni eshanu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages