"Leta ntijya ibeshya umuturage ahubwo ihora iharanira icyamuteza imbere. Ni nk’umubyeyi, kandi umubyeyi ntabeshya umwana." Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’ingabo Gen Kabarebe James kuri uyu wa 31 Mutarama 2013, ubwo hamurikwaga ibyakozwe n’umutwe w’ingabo z’inkeragutabara ku bufatanye na Minisiteri y’umutungo kamere; muri ibyo bikorwa hakaba harimo inzu 42 zubatswe mu Murenge wa Kanama.
Izi nzu zahawe abimuwe ku nkengero z’umugezi wa Sebeya mu rwego rwo kurengera ibidukikije hubakwa urukuta rwo kubungabunga ikiyaga cya Karago, aho amazi yagendaga agabanuka muri icyo kiyaga.
Inkuta zitangira amazi ava mu birunga zubatswe mu murenge wa Kinigi aho amazi yamanukaga agasenyera abaturage, igishanga kikaba cyarakamijwemo amazi mu murenge wa Busogo ubu abaturage bakaba barabonye ubutaka bwo guhinga. Ibi bikorwa byose ni byo byamuritswe kuri uyu musi.
Minisitiri Kabarebe yibukije abaturage ko bagomba guha agaciro ibi bikorwa bakabifata nk’ibyabo barushaho kubibungabunga, yongeraho ko ibyo ubuyobozi bubatekerereza ari ibigamije kubateza imbere. Ati “Ibi byose tubikora kugira ngo ubuzima bw’abaturage burusheho kugenda neza.”
Minisitiri w’umutungo kamere Kamanzi Stanislas, yasabye abaturage kurushaho kurwanya isuri kuko ari yo nyirabayazana w’izi ngaruka zose z’umwuzure.
Ibi bikorwa bikorwa binyuranye byakozwe n’inkeragutabara ku bufatanye na Minisiteri y’Umutungo kamere, mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zatewe n’ibiza.



















TANGA IGITEKEREZO