00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Yatawe muri yombi acyekwaho gucuruza urumogi

Yanditswe na

Constantin Tuyishimire

Kuya 20 October 2012 saa 03:09
Yasuwe :

Umugabo w’imyaka 29, Mugabushaka Sylvain, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu acyekwaho gucuruza urumogi mu isoko rya Muhanga.
Nk’uko yabitangarije inzego z’umutekano zimuta muri yombi, yavuze ko urumogi acuruza arukura mu Karere ka Nyamasheke . Ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Nyamabuye.
Nk’uko urubuga rwa Polisi rwabitangaje, Mugabushaka Sylvain yatawe muri yombi ku itariki ya 18 Ukwakira 2012, afatanywe udupfunyika 10 tw’urumogi ari mu isoko rya Muhanga.
Mugabushaka (…)

Umugabo w’imyaka 29, Mugabushaka Sylvain, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu acyekwaho gucuruza urumogi mu isoko rya Muhanga.

Nk’uko yabitangarije inzego z’umutekano zimuta muri yombi, yavuze ko urumogi acuruza arukura mu Karere ka Nyamasheke . Ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Nyamabuye.

Nk’uko urubuga rwa Polisi rwabitangaje, Mugabushaka Sylvain yatawe muri yombi ku itariki ya 18 Ukwakira 2012, afatanywe udupfunyika 10 tw’urumogi ari mu isoko rya Muhanga.

Mugabushaka yatangarije inzego z’umutekano ko urumogi acuruza arukura mu karere ka Nyamasheke.

Mugabushaka afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Nyamabuye.

Mu gihe polisi y’igihugu ikomeje gahunda yayo yo kurwanya ibiyobyabwenge, kuri uwo munsi uwitwa Nsengiyumva Joseph yafatanywe udupfunyika 9 tw’urumogi mu kabari gaherereye mu murenge wa Kacyiru, Akarere ka Gasabo, akaba afungiye kuri sitasiyo ya polisi ku Gisozi.

Polisi ikomeza itangaza kandi ko,Theophile Hashakimana wo mu Murenge wa Mubuga Akarere ka Karongi, yafatanwe ibiro 161 by’urumogi. Mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Nduba naho hafatiwe litiro 100 z’inzoga zitemewe z’uwitwa David Niyonsenga afatanyije n’abandi bantu 4.

Polisi y’igihugu ishimira ubufatanye abaturage bakoje kugaragaza muri gahunda yo gukumira no kurwanya abacuruza n’abanywa ibiyobyabwenge.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages