00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngororero: Batewe inkunga y’ibitaro bivurirwamo amaso

Yanditswe na

Oliver Dushimiyimana

Kuya 1 December 2012 saa 05:11
Yasuwe :

Akarere ka Ngororero kabitewemo inkunga n’umushinga Fred Hallow Foundation, nyuma yo kubaka inzu ivurirwamo amaso y’agaciro k’agara kuri miliyoni ijana n’ibyuma bizajya byifashishwa mu kuvura amaso, banatanze televiziyo 14 zizajya zifasha abaturage kumenya amakuru.
Murenzi Janvier, umuyobozi w’umushinga Fred Hallow Foundation mu Rwanda no mu Burundi, ni we washyikirije umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gédeon izi mpano. Amaze kuzishyikirizwa, umuyobozi w’akarere yahise (…)

Akarere ka Ngororero kabitewemo inkunga n’umushinga Fred Hallow Foundation, nyuma yo kubaka inzu ivurirwamo amaso y’agaciro k’agara kuri miliyoni ijana n’ibyuma bizajya byifashishwa mu kuvura amaso, banatanze televiziyo 14 zizajya zifasha abaturage kumenya amakuru.

Murenzi Janvier, umuyobozi w’umushinga Fred Hallow Foundation mu Rwanda no mu Burundi, ni we washyikirije umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gédeon izi mpano. Amaze kuzishyikirizwa, umuyobozi w’akarere yahise azishyikiriza abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 13 igize akarere ka Ngororero.

Murenzi Janvier atanga izi mpano yashishikarije abaturage bose guhaguruka bakarwanyiriza hamwe uburwayi bw’amaso bakanaca burundu ubuhumyi nk’uko ari na yo ntego y’umushinga wabo.

Umuyobozi w’akarere yashimiye cyane uyu mufatanyabikorwa, avuga ko ari umufatanyabikorwa mwiza kandi ubafasha kugera kuri byinshi. Ati “Ibi byari bimwe mu mihigo y’akarere badufashije kugeraho.”

Muri uyu muhango hatanzwe ubuhamya na bamwe mu bamaze kuvurwa amaso bakize ubu bakaba bareba neza, kandi ubundi batarabashaga no guhunyeza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages