Imodoka ya ’Coaster’ ifite nomero iyiranga RAB483H ya sosiyete Royal itwara abagenzi, yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari mu igaraje ry’uwitwa Gandarare mu kagari ka Nyabugogo, mu Mujyi wa Kigali; mu masaha ya saa tanu kuri uyu wa kabiri Mutarama 2013.
Mu kuyizimya hifashishijwe litiro 20 z’amata y’ikivuguto, mbere y’uko Polisi itabara n’imodoka zizimya umuriro. Abakanishi bakoze ubutabazi bwihuse, batangarije IGIHE ko amata y’ikivuguto atuma ikintu kirimo gushya kizima ku buryo bwihuse.
Gushya kw’iyi modoka ngo kwaturutse ku burangare bw’umukanishi wayisudiraga, kuko ngo yaje kwibeshya agasudira ahanyura mazutu, imodaka igafatwa ubwo, igakongoka.
Uwari utwaye iyi modoka avuga ko umukanishi yarangaye bigateza iki kibazo.
Usibye gushya kwayo kandi byagize ingaruka no ku zindi modoka zari ziyegereye, cyakora ngo ku bw’amahirwe nta wahiriyemo kuko Polisi yahise itabara n’izindi zitarakongoka.



















TANGA IGITEKEREZO