Abaturage bo mu Murenge wa Cyato Akarere ka Nyamasheke barishimira ibyo bamaze kugeraho ndetse n’igikome baherutse kwegukana cyo kwesa imihigo, y’umwaka wa 2011-2012.
Abaturage b’Umurenge wa Cyato bishimira ko mbere Umurenge wabo wari mu bwigunge, ariko ubu bakaba bamaze kugera ku iterambere binyuze mu bikorwa baba bigejeje ho mu rwego rwo kwesa imihigo nk’uko byatangajwe na Nzabandora Fréderic, umuturage w’uyu Murenge wa Cyato.
Yavuze ko ibi byose babikesha ubuyobozi bwiza bibonamo kandi burajwe ishinga no kubashakira iterambere. Bakaba bishimira ko bahawe VUP ikabafasha kwiteza imbere no kuzigama muri Koperative y’Umurenge SACCO, ndetse n’umushinga w’icyayi cya Gatare wahaye benshi akazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Bahizi Charles yashimiye aba baturage kuko bumva gahunda za Leta kandi bakazigiramo uruhare, bityo bakaba barahisemo gukora bakiteza imbere ndetse n’igihugu muri rusange.
Muri uyu muhango hanahembwe utugari tubiri twitwaye neza mu mihigo muri uyu Murenge, aho Akagari ka Rugari kabaye aka mbere kahawe icyemezo cy’ishimwe na sheki y’amafaranga ibihumbi 20.
Uwingabiye Denys Basile Umukozi w’Akarere ka Nyamasheke



















TANGA IGITEKEREZO