00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

P-Square bashimiye Perezida Paul Kagame ku iterambere

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 15 December 2012 saa 04:36
Yasuwe :

Mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze ushinzwe, abahanzi b’impanga Piter na Paul bagize itsinda P-Square bashimiye perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku iterambere yagejeje ku gihugu cy’u Rwanda.
Iki igtaramo cyabaye ku wa gatanu tariki ya 14 Ukuboza 2012 muri stade Amahoro i Remera. Uretse kuba cyari cyitabiriwe n’abantu bari bakubise bakuzura stade hasi no hejuru, na Perezida wa Repubulika yari yacyitabiriye.
Barangije kuririmba, aba (…)

Mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze ushinzwe, abahanzi b’impanga Piter na Paul bagize itsinda P-Square bashimiye perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku iterambere yagejeje ku gihugu cy’u Rwanda.

Iki igtaramo cyabaye ku wa gatanu tariki ya 14 Ukuboza 2012 muri stade Amahoro i Remera. Uretse kuba cyari cyitabiriwe n’abantu bari bakubise bakuzura stade hasi no hejuru, na Perezida wa Repubulika yari yacyitabiriye.

Barangije kuririmba, aba bahanzi bahise bajyanwa gusuhuza no kwifotozanya na Perezida Kagame aho yari ari mu myanya y’icyubahiro.

P-Square bagize bati “Iyi ni inshuro yacu ya gatatu tuje mu Rwanda. Buri myaka ibiri tuza mu Rwanda, ariko uko tuje tubona impinduka, mushimire Perezida.”

Muri iki gitaramo kandi Perezida yanyuzagamo na we akawubyina, by’umwihariko ubwo P-Square baririmbaga.

Iki gitaramo cyashojwe n’umuhanzi Dr Josee Chameleon, umwe mu bahanzi bakunzwe muri Afurika y’i Burasirazuba.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages