00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Abakobwa 35 bahuguwe biyemeje kwihangira imirimo

Yanditswe na

Patrick Maisha

Kuya 16 February 2013 saa 04:37
Yasuwe :

Urubyiruko rwo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rubavu, rwahawe n’inama nkuru y’urubyiruko mu karere impamyabumenyi zo kudoda nyuma y’amezi atandatu biga kudoda n’indi myuga.
Uru rubyiruko ruvuga ko rutazakoresha nabi ibyo bize, ko ahubwo bagomba kuzamura igihugu biturutse ku myuga itandukanye bize.
Mu bahuguwe n’ikigo cy’inama y’igihugu y’urubyiruko cyo mu murenge wa Rugerero harimo abakobwa bagera kuri 35, bakaba barahawe impamyabemenyi z’uko bamaze amezi atandatu biga imyuga (…)

Urubyiruko rwo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rubavu, rwahawe n’inama nkuru y’urubyiruko mu karere impamyabumenyi zo kudoda nyuma y’amezi atandatu biga kudoda n’indi myuga.

Uru rubyiruko ruvuga ko rutazakoresha nabi ibyo bize, ko ahubwo bagomba kuzamura igihugu biturutse ku myuga itandukanye bize.

Aha bari mu mahugurwa

Mu bahuguwe n’ikigo cy’inama y’igihugu y’urubyiruko cyo mu murenge wa Rugerero harimo abakobwa bagera kuri 35, bakaba barahawe impamyabemenyi z’uko bamaze amezi atandatu biga imyuga itandukanye harimo n’ubudozi.

Abashoje amasomo bashimira inama nkuru y’urubyiruko uburyo ikomeje kubageza kuri byinshi bijyanye no kwihangira imirimo binyuze mu myuga no kurwanya SIDA.

Tuyambaze Rachel wahawe impamyabumenyi, avuga ko ashimira leta y’u Rwanda yashyizeho inama nkuru y’igihugu y’urubyiruko kuko itanga amasomo urubyiruko ruba rwaracikije.

Akomeza avuga ko na bo batazapfusha ubusa aya mahirwe, kuko agira ati “Tuzakorera igihugu n’amaboko yacu yose tugiteza imbere.”

Nyuma yo guhugurwa ngo bagiye gushyira mu bikorwa ibyo bize

Gusa afite icyifuzo cy’uko kubera ko bize igihe gito bishobotse igihe cyakongerwa bakabaha kwiga nk’umwaka wose.

Umuyobozi w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Rubavu Murenzi Janvier yababwiye ko bagomba kwigirira icyizere ku isoko ry’umurimo bakanazakorera mu makoperative, kuko ngo ari byo bizabageza ku musaruro mwiza. Yabasabye kwirinda ibiyobyabwenge no kujya mu ngeso mbi, kuko ngo ntacyo byabagezaho.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages