00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Radiyo “Ijwi Rya Gare” yahinduye gahunda z’ibiganiro

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 24 October 2012 saa 07:01
Yasuwe :

Umwe mu miyoboro ifasha abaturage bari muri gare ya Nyabugogo kumenya ibiri kubera hirya no hino no kubafasha kurangisha ibyabuze muri gare, witwa “Radio Ijwi rya Gare” wahinduye gahunda zijyanye no kuvuga amakuru.
Hakuzwumuremyi Joseph ukurikirana gahunda z’ibiganiro kuri iyi radiyo yo muri gare, avuga ko bari basanzwe bakora amakuru nk’amaradiyo asanzwe, ariko nyuma yo kugisha inama ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (Media High Council) baje guhitamo guhagarika aya makuru. (…)

Umwe mu miyoboro ifasha abaturage bari muri gare ya Nyabugogo kumenya ibiri kubera hirya no hino no kubafasha kurangisha ibyabuze muri gare, witwa “Radio Ijwi rya Gare” wahinduye gahunda zijyanye no kuvuga amakuru.

Hakuzwumuremyi Joseph ukurikirana gahunda z’ibiganiro kuri iyi radiyo yo muri gare, avuga ko bari basanzwe bakora amakuru nk’amaradiyo asanzwe, ariko nyuma yo kugisha inama ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (Media High Council) baje guhitamo guhagarika aya makuru.

Hakuzwumuremyi avuga ko kuri radiyo banyuzaho ibiganiro bisanzwe, kandi ko abaturage bakunda kubagana bataye abana, bataye ibyangombwa n’ibindi bakabarangishiriza kandi bikagenda neza.

Ijwi rya gare irateganya kuzaba nk’andi maradiyo, ikazajya yumvikana hirya no hino mu Rwanda ari bwo bazongera gusubizaho gahunda zose n’amakuru. Kuri ubu yumvikana muri gare ya Nyabugogo gusa, binyuze ku ndangururamajwi ziri hirya no hino muri gare.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages