00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Amasezerano y’Ubuntu yatumye kubana byemewe n’amategeko byitabirwa

Yanditswe na

Jean Pierre Niyibizi

Kuya 14 December 2012 saa 02:43
Yasuwe :

Ibi byatangajwe n’Imiryango 200 yo mu murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ubwo bari bamaze gusezerana imbere y’amategeko tariki ya 14 Ukuboza 2012.
Ubwo yasezeranyaga iyi miryango, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye, Muhirwa Philippe, yasobanuye ko kubana hakurikijwe amategeko bituma buri wese agira uburenganzira bungana n’ubw’undi mu micungire y’umutungo kandi n’abakomoka ku miryango bakaba bahawe uburenganzira ku mitungo y’abo bakomokaho.
Iyi miryango (…)

Ibi byatangajwe n’Imiryango 200 yo mu murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ubwo bari bamaze gusezerana imbere y’amategeko tariki ya 14 Ukuboza 2012.

Ubwo yasezeranyaga iyi miryango, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye, Muhirwa Philippe, yasobanuye ko kubana hakurikijwe amategeko bituma buri wese agira uburenganzira bungana n’ubw’undi mu micungire y’umutungo kandi n’abakomoka ku miryango bakaba bahawe uburenganzira ku mitungo y’abo bakomokaho.

Iyi miryango yashyingiranywe yisunze uburyo bw’ivangamutungo rusange, nyuma yaho bari bamaze gusobanurirwa akamaro ka buri buryo.

Bamwe mu bo twaganiriye barimo Basomingera Elias ufite imyaka 82 wasezeranye na Nyandwi Esperance w’imyaka 38 bo mu Kagari ka Kiyabo, bavuga ko bari basanzwe babanye neza ariko kuba basezeranye imbere y’amategeko bikaba byaratumye buri wese arushaho kwizera mugenzi we kuko amategeko abaha uburenganzira bungana.

Aba ni bamwe mu basezeranye

Ubusanzwe ubushyingirwe bwemewe n’amatego buteganywa n’ingingo ya 26 mu gitabo cy’amategeko agenga imibanire mu Rwanda, iyo ngingo ikaba iteganya ko ubwo bushyingirwe bwemerwa hagati y’umugabo umwe n’umugore umwe bujuje imyaka y’ubukure kandi kubushake bwa bombi.

Umuyobozi w’Umurenge wa Bweyeye Muhirwa Philipe, yasabye iyi miryango kurangwa n’imibanire myiza kandi aho bagize ikibazo mu mibanire bakagisha inama ubuyobozi aho kurangwa n’amakimbirane.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages