Abantu bagera kuri 6 bafunze bakurikiranyweho gukora cyangwa gutunga amafaranga y’amahimbano, mu Karere ka Rwamagana ho mu Ntara y’i Burasirazuba.
Abo uko batandatu bafatiwe mu igenzura Polisi yakoze, ku itariki ya 22 Kanama ubwo hafatwaga amafaranga agera ku 400,000 y’u Rwanda y’amakorano, nk’uko All Africa dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Supt Theos Badege yasabye abantu gutuza kuko Polisi ihora iri maso mu gukumira ibyaha. Yongeraho ko bagomba kwitondera amafaranga bakoresha.
Nk’uko bamwe babyivugira, muri kariya Karere ka Rwamagana hashobora kuba hari amafaranga y’amakorano asaga miliyoni ebyiri.
Umwe mu bafatanywe ayo mafaranga akomoka mu gihugu cy’u Burundi mu Ntara ya Muyinga, yemeye icyaha, we na begenzi be bavuzeko bavangaga irangi, bagakoresha scanner bagakora inoti z’ibihumbi bibiri n’iza bitanu.



















TANGA IGITEKEREZO