Umunyamakuru Rukundo Jean Baptiste ukorera ORINFOR, kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2012 yerekeje mu Bwongereza n’umukunzi we Angela Hazel Alford, bagiye gushyiranwa imbere y’Imana.
Rukundo avuga ko n’ubwo agiye mu Bwongereza atazagumayo, nk’uko yabidutangarije agira ati “Ngiye mu Bwongereza kuko mpafite umuryango ndeste no gukora izindi gahunda, ariko nzagaruka mu Rwanda mu kwa mbere ntabwo nagumayo."
Nk’uko Rukundo yabidutangarije, ubukwe bwe bufite ibice bibiri. Gusezerana imbere y’Imana bizabera mu gihugu cy’u Bwongereza mu Kubuzo 2012, naho gusaba no gukwa hamwe no gusezerana imbere y’amategeko bikaba byarabereye mu Rwanda.
Umukunzi wa Rukundo ari we Angela Hazel Alford akomoka mu gihugu cy’u Bwongereza. Rukundo Jean Baptiste kuri uyu wa gatatu yahawe igihembo ku nkuru yakoze ku buzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda, akaba akora itangazamakuru nk’umwuga yize mu ishuri rya GLMC (Great Lakes Media Centre).
























TANGA IGITEKEREZO