00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rw’Abanyespagne rwifatanyije n’abandi mu muganda.

Yanditswe na

Ntwari Albert

Kuya 19 August 2012 saa 12:30
Yasuwe :

“Nta kintu twishimiye nko kubona ibyo twiyemeje tubigezeho amahoro kandi neza”. Ibi byatangajwe na Robert umwe mu banyeshuli ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, ubwo bari mu gikorwa cy’umuganda cyo kuwa 18 Kanama2012 bafatanyije n’urubyiruko rukomoka mu gihugu cya Espagne.
Ni igikorwa bateguye nk’urubyiruko rukomoka mu Karere ka Kicukiro rwiga muri iyo kaminuza, igikorwa cyabereye ku ishuli rya GS Remera Protestant mu kubaka ishuli ry’imyaka cumi n’ibiri y’ibanze (12 YBE).
Iki gikorwa (…)

“Nta kintu twishimiye nko kubona ibyo twiyemeje tubigezeho amahoro kandi neza”. Ibi byatangajwe na Robert umwe mu banyeshuli ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, ubwo bari mu gikorwa cy’umuganda cyo kuwa 18 Kanama2012 bafatanyije n’urubyiruko rukomoka mu gihugu cya Espagne.

Ni igikorwa bateguye nk’urubyiruko rukomoka mu Karere ka Kicukiro rwiga muri iyo kaminuza, igikorwa cyabereye ku ishuli rya GS Remera Protestant mu kubaka ishuli ry’imyaka cumi n’ibiri y’ibanze (12 YBE).

Iki gikorwa bagiteguye ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Kicukiro bakaba baragikoranye n’urubyiruko rwaturutse mu gihugu cya Espagne rugera ku munani rugizwe n’abahungu n’abakobwa barimo abiga bakora n’abarangije kaminuza batari babasha kubona akazi.

Urubyiruko rwatunze amatafari 200 mu gikorwa cy'Umuganda

Nk’uko twabitangarijwe na Daniel GAKUBA uhagarariye iri tsinda ry’Abanyespagne, uru rubyiruko ruri mu itsinda ry’Abascut bifuje gutembera u Rwanda bakahakora ibikorwa bitandukanye birimo uyu muganda wabereye ku ishuli ribanza rya Remera Giporoso, no kubaka uturima tw’igikoni mu Murenge wa Masaka. Uyoboye iri tsinda kandi yatangaje ko hari n’ibindi bikorwa bitandukanye bazakora hano mu gihugu.

Umuganda bakoze ufite agaciro ka miliyono ebyiri mu mafaranga y’u Rwanda nk’uko twabitangarijwe n’Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Karere ka Kicukiro madamu Uwayisenga Frorence. Imirimo yahakozwe irimo kubumba amatafari ya bloc ciment agera kuri mirongo inani, gutunda yabumbwe yegerezwa abubakaga nayo agera kuri Magana abiri(200) no kurundanya amabuye y’umusingi nayo yegerezwa abubatsi.

Uyu mutegarugori yitwa Stephanie Prior ari kumwe n’Ushinzwe urubyiruko umuco na siporo mu mujyi wa Kigali bwana Rusimbi Charles

Photo: Ntwari Albert


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages