Kuwa Kane w’iki cyumweru Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho Rwanda rukorera i Arusha muri Tanzaniya (TPIR) rwanzuye ko dosiye y’urubunza rwa Munyagishari yoherezwa mu Rwanda.
Hirondelle News dukesha iyi nkuru ivuga ko mu byaha Munyagishari aregwa harimo kurema umutwe w’abicanyi (Interahamwe) ,kubatoza hagamijwe kurimbura Abatutsi no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa mu cyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.
Umushinjacyaha yari yaranze kwemera ko yoherezwa mu Rwanda ariko yaje kwemera ko u Rwanda rufite ububasha n’ubushake bwo kuburanisha imanza rwohererejwe n’urukiko rwa Arusha.
Munyagishari yatawe muri yombi ku itariki 25/05/2011 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyikirizwa TPIR kuya 14/06/ 2011.
Ubwo yageraga bwa mbere imbere y’ubucamanza ku itariki 20/06/2011 yahakanye ibyaha byose ashinjwa.
Munyagishari, yavutse mu 1959 muri Komini Rubavu, muri Perefegitura ya Gisenyi.
Abaye Umunyarwanda wa gatanu ushinjwa JenoSide ugiye kuburanishirizwa mu Rwanda akuwe i Arusha. Abandi bane bamubanjirije barimo Ladislas Ntagazwa, Jean Bosco Uwinkindi, Fulgence Kayishema, na Charles Sikubwabo.



















TANGA IGITEKEREZO