Ku wa 19 Gashyantare 2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasuye abaturage b’Akarere ka Nyamagabe abizeza ubufatanye bwose bushoboka mu rugamba rw’iterambere. Yababwiye ko aho Nyamagabe ivuye n’aho igeze ari ikimenyetso cy’ibishoboka, cy’aho abantu bashobora kwivana n’aho bashobora kwigeza. Perezida wa Repubulika yagize ati "Leta ifatanya namwe, ikabatera inkunga ariko ibyinshi ni mwebwe mubikora. Dufatanye twese dukore ibishobora kuduteza imbere, ibyiza biri imbere kandi turabikozaho imitwe y’intoki. Ariko byose biradusaba imbaraga, bisaba gukora tugashyira hamwe, tugashyira mu gaciro, tukiha agaciro, tukubaka igihugu cyacu Imana yaduhaye.”
Amafoto: Village Urugwiro



















TANGA IGITEKEREZO