00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore benshi baca inyuma abagabo babo mu minsi mikuru

Yanditswe na

Umurerwa Emma-Marie

Kuya 18 December 2012 saa 11:11
Yasuwe :

Abagore 60,2% baca abagabo babo inyuma mu gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka. Ubushashatsi bwakozwe n’urubuga mpuzabantu Ashley Madison bwagaragaje ko mu gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka abashakanye bacana inyuma cyane, abagore akaba ari bo bagira uruhare runini mu guca abagabo babo inyuma ku bo bakorana.
Urubuga mpuzabantu rwa Ashley Madison rwakoze ubushashatsi bwagaragaje ko mu gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka abagore 60,2% bavuze ko baciye inyuma abagabo babo, mu (…)

Abagore 60,2% baca abagabo babo inyuma mu gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka.

Ubushashatsi bwakozwe n’urubuga mpuzabantu Ashley Madison bwagaragaje ko mu gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka abashakanye bacana inyuma cyane, abagore akaba ari bo bagira uruhare runini mu guca abagabo babo inyuma ku bo bakorana.

Urubuga mpuzabantu rwa Ashley Madison rwakoze ubushashatsi bwagaragaje ko mu gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka abagore 60,2% bavuze ko baciye inyuma abagabo babo, mu gihe abagabo 49,8% ari bo bavuze ko baciye inyuma abagore babo muri iyo minsi mikuru.

Bakaba baritangarije ko baca inyuma abo bashakanye ku bagabo/abagore bakorana cyangwa baba barahuriye mu kazi.

Abagabo 79,1% hamwe n’abagore 73,2% bakoreweho ubu bushakashatsi bavuze ko bifuje abo bakorana, kugeza ubwo batekereza gukorana nabo imibonano mpuzabitsina.

Abagabo 81,6% hamwe n’abagore 82% bavuze ko bakoranye imibonano mpuzabitsina n’abo bakorana mu biro.

Abagabo 36,1% bavuze ko ibiro (bureau) byabahindukiye ahantu ho guca inyuma abo bashakanye, mu gihe abagore 31,4% ari bo baciye inyuma abagabo babo kubo bakorana.

Ubu bushashatsi bukaba bwarakorewe ku bantu bo mu Bihugu bitandukanye bakoresha urubuga mpuzabantu rwa Ashley Madison.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages