00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore binubira abagabo bataha batura umubi w’ibyo bahaze mu ngo zabo baburaye

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 2 February 2015 saa 07:35
Yasuwe :

Bamwe mu bagore bo mu Mujyi wa Kigali bashavuzwa no kubona abagabo babo batashye batura imibi y’ibyo biriwe barya mu tubari kandi bo n’abana biyicira isazi mu maso.
Mu kiganiro IGIHE twagiranye na bamwe mu bagore babona abagabo babo badahahira ingo zabo, bavuga ko hari ubwo abagabo babo bataha bari gutura umubi w’ibitunguru n’inzoga kandi nta n’ifaranga babasigiye ngo bahahe ibiribwa.
Bemeza ariko ko iyo baturiwe imibi bigira nk’aho batabizi, kuko hari ubwo bibaviramo gutukwa cyangwa (…)

Bamwe mu bagore bo mu Mujyi wa Kigali bashavuzwa no kubona abagabo babo batashye batura imibi y’ibyo biriwe barya mu tubari kandi bo n’abana biyicira isazi mu maso.

Mu kiganiro IGIHE twagiranye na bamwe mu bagore babona abagabo babo badahahira ingo zabo, bavuga ko hari ubwo abagabo babo bataha bari gutura umubi w’ibitunguru n’inzoga kandi nta n’ifaranga babasigiye ngo bahahe ibiribwa.

Bemeza ariko ko iyo baturiwe imibi bigira nk’aho batabizi, kuko hari ubwo bibaviramo gutukwa cyangwa gukubitwa.

Abagore babazwa no gutaha baturirwa imibi ya za brochettes

Nzamukosha Aliane utuye i Remera ahitwa mu Migina avuga ko nta kimubabaza nk’iyo yaraye yigaragura kubera inzara, umugabo agataha amuturira imibu y’ibitunguru na “borosheti”(Brochettes).

Yagize ati “ Nta kintu kibabaza nko kuba wabuze ibitotsi uri kwigaragura impande zose z’uburiri kubera inzara hanyuma ukumva umugabo aguturiyeho imibi y’ibitunguru na za brochettes”.

Ineza Jeannine we avua ko umugabo we atabimukorera ariko ko hari bagenzi be bamuganyira.

Ati gusa “ Ibyo ahanini bikunda gukorwa n’abagabo b’ibisambo, ndabizi bibaho pe! ku buryo hari n’abagabo badashobora gutaha batabanje kunyura mu kabari ngo bafate icupa n’akanyama kandi mu ngo zabo nta kintu bahasize cyangwa se biririye imvange”.

Abagabo biribwa banywa inzoga bagataha baturira imibi abagore babo bababaza abo u miryango yabo

Kayisire Theogene we avuga ko biterwa n’uburyo uwo mugabo aba abanye n’umugore we.

Yagize ati “ Nigute se ushobora kuba ubana n’umugore wawe neza musangira akabisi n’agahiye muhuza urugwiro nta kintu mujya muhishana ngo umugabo akore ibyo, n’iyo abikoze aba ari mugabo mbwa kuko burya nta mugabo wanga umwana we.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages