Mu busanzwe ibi birori biba bigamije kugaragaza uburyo Ikigirwamana Durga gitsinda umudayimoni Mahishasura, bigafatwa nk’ikimenyetso cy’intsinzi y’ukuri n’ineza ku bibi. Ariko muri uyu mwaka, abateguye iki gikorwa bahisemo gutanga ubutumwa bwa politiki bukomeye, bagaragaza Trump nk’umudayimoni utsindwa na Durga.
Sanjay Basak, umwe mu bateguye iki gikorwa, yabwiye itangazamakuru ko bashatse kwerekana uburyo Trump yashyizeho politiki n’ibihano by’imisoro bigamije “guhima no gushyira hasi” ubukungu bw’u Buhinde.
Yavuze ko ari uburyo bwo kugaragaza agahinda n’uburakari bw’abaturage ku ngamba za Trump ziri kubangamira ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Yakomeje avuga ko bashatse gukoresha ubugeni mu gutanga ubutumwa bw’uko Trump yagaragaye nk’ikibi kigomba gutsindwa n’imbaraga nziza za Durga.
Iyi shusho yatumye abantu ibihumbi n’ibihumbi baza kuyireba, bamwe bayifata nk’ubutumwa bw’ubutwari bw’abaturage ba Bengal bamenyerewe mu gutanga ibitekerezo binyuze mu buhanzi.
Umubano wa Trump na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, wajemo agatotsi nyuma y’aho Amerika ishyizeho imisoro ihanitse, ibintu byafashwe nk’igikorwa cyo kubangamira Abahinde.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!