Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo Kessler International gicunga umutekano kikanakora iperereza, buvuga ko abakozi banga abakoresha babo babiterwa n’amazerezano abo bakoresha baba barabahaye ariko ntibayuzuze.
Ubu bushakashatsi bugaragaza ko abo bakozi batiba amafaranga, ahubwo bakoresha ubundi buryo bwose bushoboka, cyangwa se bagatwara ikindi kintu cy’agaciro ariko badakoze ku mafaranga.
Ubu bushakashatsi bwashyizwe hanze muri 2013 bukorerwa ku bantu 500, abagera kuri 95% mu babukoreweho bemera ko bibye akakoresha babo.
Umwanditsi John Clark, mu gitabo cye yise ‘‘Theft by Employees” cyasohotse muri 2017, na we yagaragaje uburyo butangaje abakozi biba abakoresha babo ‘igihe’, ndetse n’ibikoresho by’agaciro, biba mu biro byabo cyangwa iby’abakoresha babo.
Abo bakozi babeshya abakoresha babo igihe bamaze ku kazi bakavuga ko bakoze amasaha menshi, kandi bakoze make, ayandi bakayakoramo ibindi bibafitiye inyungu bidafite aho bihuriye n’ako kazi.
Ubushakashatsi bwa Kessler International buvuga ko nibura abakozi bagera ku 10% ari bo bashobora kurinda bava mu kazi bakoraga, batagerageje kugira icyo biba abakoresha babo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Association of Fraud Examiners bwo, bugaragaza ko 70% by’abo bakozi bahita bishora mu bikorwa bifitanye isano na ruswa kugira ngo babone uko binjiza amafaranga bakiri muri ako kazi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!