Ibi bitandukanye n’ibyari bisanzwe kuko umuntu yifataga ijwi akabasha kuryumva igihe ryamaze kugera k’uwo aryoherereje.
Uru rubuga rwifashishije Twitter rwatangaje ko umuntu azajya abanza kumva ijwi mbere yo kuryohereza ku buryo ashobora no kurisiba igihe yumva yavuze ibyo atashakaga kuvuga.
Aramutse ashatse gufata ‘voice message’ afite ‘smartphone’ azajya akora ahasanzwe hafatirwa ijwi, agumisheho urutoki gato ubundi azamure ahite arekura ubundi yifate ijwi bitabaye ngombwa ko akomeza gufata kuri telefone.
Narangiza kuvuga ubutumwa ashaka gutanga, azajya akora kuri ‘button’ y’umutuku ijwi rihagarare. Nashaka kuryumva azajya akora ahari akamenyetso ka ‘play’ aryumve, ahitemo kuryohereza cyangwa kurisiba.
Benshi mu bakoresha WhatsApp bishimiye ubu buryo, bamwe basaba ko hashyirwaho n’ubundi buryo burimo kuterekana ko umuntu ari gukoresha WhatsApp (online), aho umuntu yakanda mu gihe yakunze ikintu (like) nk’uko bimeze ku zindi mbuga nka Instagram na Twitter ndetse n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!