00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatunze iPhones bagira ipfunwe iyo bakundana n’abatunze Android: Ubushakashatsi

Yanditswe na Rachel Muramira
Kuya 13 October 2024 saa 12:42
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo All About Cookies bwagaragaje ko bamwe mu bakoresha telefone za iPhones bagira ipfunwe ryo gukundana n’abakoresha telefone za Android kuko babafata nk’abaciriritse.

Telefone za iPhones ni zimwe mu zigezweho muri iki gihe nyuma yo gutangira kujya hanze mu 2007.Mu ntangiriro za 2024 byatangajwe ko abarenga Miliyari imwe ku Isi bazikoresha kandi umubare w’abazigura uriyongera.

Mu bantu 1000 bakoreweho ubushakashatsi na All About Cookies, 22% bavuze ko bumva baciriritse igihe bakundana n’abafite terefoni za android, mu gihe 23% bavuze ko bigoye kuba bakundana n’abakoresha android.

Niba ukoresha iPhone byanga bikunze uzi “Application” yitwa iMessage. Ni uburyo bwiza bukoresha n’izi terefoni mu kohereza ubutumwa, amafoto n’amashusho bisa neza n’ibindi. Ntibikunda ko ukoresha Android yasoma ubutumwa bwoherejwe muri ubwo buryo.

Abadakoresha Android bakunze kuvuga ko impamvu batazihitamo harimo kuba zitagira amashusho meza, kuba byoroha kumenya amabanga y’abazikoresha uzinjiyemo mu buryo bw’ibanga n’ibindi.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko abagera kuri 26% batifuza kureka android, mu gihe 30% baba bumva bayivaho kubera gusekwa na bagenzi babo batunze iPhones.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abakoresha Iphones biyumva nk'abaciriritse iyo bakundanye n'abakoresha Android

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages